U RWANDA RUZAKIRA IHURIRO MPUZAMAHANGA KU BUHINZI BW’IBITI BIVANGWA N’IMYAKA.
U Rwanda rwatangajwe ko ari icyo gihugu kizakira ihuriro ry’isi ryiga ku buhinzi bubangikanya ibiti bivangwa n’imyaka muri 2025 aho rizaba ribaye ku nshuro ya gatandatu. Ni mu itangazo ryasohotse mu ihuriro ry’isi ryo ku nshuro ya gatanu ryaberaga I Quebec muri Canada tariki ya 21 Nyakanga.
Ihuriro ry’isi ryo ku nshuro ya gatandatu ku buhinzi bubangikanya ibiti bivangwa n’imyaka rizabera i Kigali muri 2025, rizahuriza hamwe intumwa zirenga 1,500 zirimo abashakashatsi, abarimu ba za kaminuza, abafatanyabikorwa mu iterambere, inzego z’ abikorera n’iza Leta hagamijwe guteza imbere ikoranabuhanga mu mihingire y’ ibiti bivangwa n’imyaka.
Iri huriro rizazamura ishusho y’ imihingire y’ ibiti bivangwa n’ ibihingwa, kandi rinazamure inkunga, ubushake n’ ishoramari muri ubwo buhinzi. Rizashyiraho amahame ku birebana n’ ubufatanye, ishoramari ndetse rinashyireho umurongo rusange ngenderwaho mu buhinzi bw’ibiti bivangwa n’imyaka. “U Rwanda rutewe ishema ni uko rwatoranijwe kuzakira ihuriro ry’isi ryo ku nshuro ya gatandatu ku buhinzi bw’ibiti bivangwa n’ibihingwa binyuze mu ipiganwa. Tunejejwe no guha ikaze mu Rwanda muri 2025 umuryango rusange uhuriye ku buhunzi bw’ibiti bivangwa n’imyaka” Patrick Karera, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ Ibidukikije, ubwo yagaragarizaga intumwa z’ ihuriro ry’ uyu mwaka ryaberaga muri Canada, uko u Rwanda rwiteguye mu kuzakira icyo gikorwa”.
Ihuriro ry’isi ku buhinzi bw’ibiti bivangwa n’ibihingwa rizategurwa n’ ihuriro mpuzamahanga ku buhinzi bw’ ibiti bivangwa n’ibihingwa (IUAF), Minisisteri y’ Ibidukikije, Ikigo Gishinzwe Gucunga no Guteza Imbere Amashyamba (RFA) ndetse n’ikigo gishinzwe kumenyekanisha ubukerarugendo bushingiye ku nama (RCB).
“Tunejejwe no kuzahurira i Kigali, U Rwanda rufite abaturage bakora ubuhinzi buciriritse babangikanya n’ibiti bivangwa n’ibihingwa,ni igihugu gitanga ingero zitangaje uko ibiti bivangwa n’ibihingwa mu mirima mito hagamijwe kongera umusaruro. Byongeye kandi, u Rwanda rumaze kuba icyamamare mu mikorere myiza n’ imitegurire y’ inama " Patrick Worms, Perezida wa IUAF.
Mwarakoze kugirira u Rwanda ikizere cyo kuzakira ihuriro ry’isi ryo kunshuro ya gatandatu ku buhinzi bw’ibiti bivangwa n’imyaka. Murakaza neza. Ni aho mu Rwanda muri 2025! (Twiteguye kubabona muri 2025!)" Patrick Karera asoza ijambo rye.
Ku bindi bisobanuro
• Basile UWIMANA, Communication and Outreach specialist, Minisiteri y’ Ibidukikije, kuri [email protected].
• Alice NAMBAJE, Communication Specialist, Minisiteri y’ Ibidukikije, kuri [email protected]
Topics
Minister of Environment Dr. Arakwiye Bernadette visited Green Gicumbi Project to assess the progress and impact of climate-resilient interventions…
Amabwiriza ya Minisitiri agena imiterere y’amafaranga yishyurwa kuri serivisi zitangwa mu isoko rya karuboni mu Rwanda yashyizweho nyuma y’uko u…
The Government of Rwanda and the Government of Singapore have today signed an Implementation Agreement pursuant to Article 6 of the Paris Agreement,…
Rwanda demonstrated its commitment to environmental sustainability and climate resilience through a series of impactful initiatives in 2024.
The…
As negotiators from around the world gather for the fifth session of the Intergovernmental Negotiating Committee (INC-5), Rwanda reiterates its…
COP29 President,
Excellencies,
Distinguished ladies and gentlemen,
I would like to express our gratitude and appreciation to the Government of…
The UN Climate Change Conference (COP29) begins today in Baku, Azerbaijan, bringing together governments, civil society, and the private sector to…
The Government of Rwanda, through the Ministry of Environment, is proud to announce the approval of a $28 Million grant funding by the Green Climate…